FRANCOPHONIE : Luwiza Mushikiwabo Arashaka kwongera kwitoza kuyobora Umulyango w’Ibihugu Bivuga Igifaransa.
Luwiza Mushikiwabo, umunyamabanga mukuru w’umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bivuga igifaransa (OIF), yagiranye ikiganiro na TV5, maze atangaza ko ashaka kongera kwitoresha ubwa kabiri kugirango yongere kuyobora uyu mulyango.
Yanditswe na Manzi
On mercredi 27 juillet 2022
50 Nibo barebye iyinkuru
Luwiza Mushikiwabo, wigeze kuba Umukuru w’Ububanyi n’amahanga mu Rwanda, arashaka kongera kwiyamamariza gutorerwa gukomeza kuyobora Umulyango w’ibihugu bivuga igifaransa (OIF). Ibi yabivugiye mukiganiro yagiranye na TV5.
Luwiza Mushikiwabo ni umunyapolitiki wumunyarwanda. Uyu mwanya ashaka kwotozaho , awurimo kuva muri 2019, akaba ari Umunyamabanga mukuru w’umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bivuga igifaransa.
Murayo matora ya mbere yagize inkunga y’Ubufaransa, igihugu gikomeye muruwo mulyango, ariko n’ibihugu bya Afrurika byari bimuri inyuma.
Nubu aremeza neza ko azabona inkunga ihagije, yibihugu bya mushyigikiye mbere, inkunga rusange y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, ndetse n’ibindi bihugu bigize uyu mulyango w’ibihugu bivuga igifaransa.
Ikinyamakuru
Iyandikishe ujye ubasha kubona amakuru