Mu cyumweru gishize Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa RDC, Christophe Lutunduka, yasohoye itangazo asoza ashimagira ijambo rya Perezida Tshisekedi ubwo yari mu Nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye ku wa 20 Nzeri 2022.
Icyo gihe yagize ati "Twebwe, abaturage ba Congo, twiyemeje, kuri iyi nshuro, gushyira iherezo ku mutekano muke mu Burasirazuba bw’igihugu cyacu, ikiguzi byasaba cyose."
Ni imvugo u Rwanda rwikijeho ko RDC yaba ishaka kurugabaho ibitero.
Iki kibuga cy’indege cya Goma kirimo gukoreshwa n’izi ndege, kinakoreshwa cyane n’abacanshuro benshi bo mu Burayi, ari nabo bagicunga, bakita no kuri izi ndege za Sukhoi.
Mu itangazo iheruka gusohora, Guverinoma y’u Rwanda yagarutse ku bacancuro baheruka kwitabazwa na RDC. Yavuze ko ari ikimenyetso cyeruye ko "RDC irimo kwitegura intambara, aho kuba amahoro."
Perezida Kagame aheruka kuvuga ko nibiba ngombwa guhangana nabo, u Rwanda rufite ubushobozi buhagije.
Iyandikishe ujye ubasha kubona amakuru
RwandaPodium © All Rights Reserved. Powered by nozatech.com