Mugihe gito nzagira imyaka 34 kandi ndumva nkiri muto. Ntabwo u Rwanda ari rwabanje kunshaka. Mubihe byashize, ubwo nerekanaga urukweto rwa zahabu nahawe, muri federasiyo yumupira wamaguru ya Cote d’Ivoire ndetse no kuri tereviziyo ya Cote d’Ivoire, kugira ngo dushobore kumenyekana, n’igihugu cya Benin cyansabye. Ariko nanze guhindura ubwenegihugu bwa siporo, kuko nari ngifite ibyiringiro byuko umunsi umwe nzakinira ikipe ya Côte d’Ivoire. Ariko Imana yonyine niyo izi impamvu ubu impaye amahirwe yo gukinira ikipe yigihugu.
Ku bijyanye n’u Rwanda, naje kuvugana na Carlos Ferrer, umutoza w’u Rwanda, wigeza kuntoza igihe nakiniraga Kairat Almaty muri Qazaqistan. Sinigeze mfata umwanya wo gutekereza. Nahisemo mu buryo butaziguye gutoranya u Rwanda rwanyizeye kandi nizeye ko tuzatsinda muri CAN 2023 muri Côte d’Ivoire.
Ku ya 23 Nzeri 2022, witabiriye umukino wawe wambere na Amavubis. Wumvise umeze ute igihe winjiye mu mukino ?
Ku ya 23 Nzeri 2022 twakinnye na Gineya ya Ekwatoriya ( 0-0). Bwari ubwambere nambara imyenda yikipe yigihugu, usibye iya Côte d’Ivoire, mumikino mpuzamahanga. Hariho amarangamutima, ariko numvise nishimye, cyane cyane ko nabonye inkunga yabakinnyi nabaturage nkoresheje imbuga nkoranyambaga. Byari ibintu kidasanzwe.
Mu itsinda « L », u Rwanda ruri ku mwanya wa 3 n’amanota 1 inyuma ya Senegali na Mozambike kandi imbere ya Benin. Uratekereza ko ikipe winjiyemo rifite amahirwe yo kuzatsinda muri CAN 2023 ?
Nibyo, turabyizera rwose. Nizeye abayobozi bacu ko bazatuma ikipe igira ikizere n’ituze, ariko kandi nabakinnyi bafite intego zikomeye nubwo itsinda « L » riri hejuru. Tuzagira guhangana kabiri na Benin, nyuma yo kwakira Mozambike. Ndatekereza rwose ko tugifite amahirwe yose yo kuzutsinda CAN muri Côte d’Ivoire.
Iyandikishe ujye ubasha kubona amakuru
RwandaPodium © All Rights Reserved. Powered by nozatech.com