Afurika Dushaka

Aho imirwano ibera ni hafi y’umumpaka ugabanya Kongo nu Rwanda.

Umunyamakuru Sildio Sebuharara aremeza ko imiryango 33 igizwe n’abantu 89 baturutse muri Kongo Kinshasa bahungiye mu Rwanda nyuma y’uko imirwano ihuje abarwayi ba M23 n’ingabo za Kongo igenda yerekeza ku mugi wa Goma.

Abahunze bavuye mu duce twa Ruhunda na Buhumba, ahari kubera imirwano. Baravuga ko imirwano iriho kubera mu gice cya Ruhunda ku gasozi ka Nyundo. Ni hafi y’umumpaka ugabanya Kongo nu Rwanda.

Abaturage bavuze ko « mu masaha ya saa saba twumvise amasasu menshi duhita duhungira mu Rwanda. Abasigaye bo mu miryango yacu batubwiye ko bituje, gusa turaba tugumye mu Rwanda turebe aho bigana. »

Mu bahunze harimo umusore wakomerekejwe n’amasasu yiyo ntambara akaba yajyanywe kuvurirwa mu bitaro byo ku Gisenyi.


Abategetsi mu Rwanda, bakiriye nez impunzi z’abanyekongo

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Busasamana na Bugeshi bwakiriye Abanyekongo bahungiye mu Rwanda. Mvano Étienne wakiriye impunzi ku mupaka wa Kabuhanga yasabye abaturage bafite bene wabo kubakira bakabacumbikira.

Mvano yabasabye ko « Imiryango ibakiriye ibafate neza mu gihe dutegereje ko ubuyobozi bubajyana ahateguwe kwakira impunzi, nizikomeza kwiyongera. »

Umwanditsi : Manzi
92

Ibitekerezo (0)

Siga igitekerezo

Inkuru ziheruka

Kwamamaza

Amakuru

Iyandikishe ujye ubina amakuru agezweho

SHYIRAMO IMERI YAWE WOHEREZE

RwandaPodium © All Rights Reserved. Powered by thesublime.rw