Aho imirwano ibera ni hafi y’umumpaka ugabanya Kongo nu Rwanda.
Umunyamakuru Sildio Sebuharara aremeza ko imiryango 33 igizwe n’abantu 89 baturutse muri Kongo Kinshasa bahungiye mu Rwanda nyuma y’uko imirwano ihuje abarwayi ba M23 n’ingabo za Kongo igenda yerekeza ku mugi wa Goma.
author Yanditswe na Manzi
    On lundi 14 novembre 2022
94 Nibo barebye iyinkuru

Abahunze bavuye mu duce twa Ruhunda na Buhumba, ahari kubera imirwano. Baravuga ko imirwano iriho kubera mu gice cya Ruhunda ku gasozi ka Nyundo. Ni hafi y’umumpaka ugabanya Kongo nu Rwanda.

Abaturage bavuze ko « mu masaha ya saa saba twumvise amasasu menshi duhita duhungira mu Rwanda. Abasigaye bo mu miryango yacu batubwiye ko bituje, gusa turaba tugumye mu Rwanda turebe aho bigana. »

Mu bahunze harimo umusore wakomerekejwe n’amasasu yiyo ntambara akaba yajyanywe kuvurirwa mu bitaro byo ku Gisenyi.


Abategetsi mu Rwanda, bakiriye nez impunzi z’abanyekongo

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Busasamana na Bugeshi bwakiriye Abanyekongo bahungiye mu Rwanda. Mvano Étienne wakiriye impunzi ku mupaka wa Kabuhanga yasabye abaturage bafite bene wabo kubakira bakabacumbikira.

Mvano yabasabye ko « Imiryango ibakiriye ibafate neza mu gihe dutegereje ko ubuyobozi bubajyana ahateguwe kwakira impunzi, nizikomeza kwiyongera. »

Ikinyamakuru

Iyandikishe ujye ubasha kubona amakuru

Amakuru atandukanye

Inkuru ziheruka

Kwamamaza

RwandaPodium © All Rights Reserved. Powered by nozatech.com