Binyuze mu mushinga RIFF ugamije gushaka imari yo gushora mu bikorwaremezo, banki y’isi yageneye COMESA inkunga ya miliyoni 10 z’amadorali, kugira ngo hashyirweho politiki n’amabwiriza bigamije kugabanya igiciro no kongera ubuziranenge bw’ibyo bikoresho.
Banki y’isi kandi yagennye miliyoni 400 z’amadorali azahabwa abikorera nk’inguzanyo binyuze muri banki y’ubucuruzi ya COMESA, kugira ngo nabo bashore imari yabo muri iyi mishinga.
Mu nama iteraniye i Kigali kuva kuri uyu wa mbere, ibihugu bya COMESA birungurana ibitekerzo binasangira ubunararibonye, kugira ngo bishobore gushyiraho amabwiriza azatuma muri ibyo bihugu haboneka ibikoresho byujuje ubuziranenge kandi bihendutse.
Iyandikishe ujye ubasha kubona amakuru
RwandaPodium © All Rights Reserved. Powered by nozatech.com