« VISIT RWANDA » : Jusuf Nurkić yasuye u Rwanda
author Yanditswe na Manzi
    On dimanche 24 avril 2022
31 Nibo barebye iyinkuru

Jusuf Nurkić, uvuka mugihugu cya Bosnie-Herzégovine kandi akaba nukinnyi wa Basketball wa Portland Trail Blazers muri Amerika (NBA).

Nurkić waje gusura u Rwanda, n’umusore ushingutse ufite imetro ebyili na cm cumi nimwe. Kubera uko ateye bamuhaye akazina kakabyiniriro ka « The Bosnian Beast ».

Nurkić yaje gusura u Rwanda, aho kuri ubu yitaye cyane cyane kujya ku bigo by’amashuri bya Musanze akaba yanabigeneye inkunga ibiteza imbere.


Nurkić aremeza ubwe ko I Musanze yasuye ibigo bibiri byigamo abana barenga 1000. Kandi aranivugira ko yashoboye kubonana n’abana kandi bakaba baganiriye, akanabagira inama.

Uretse ibyo yahaye ayo mashuli ibikoresho bizifashishwa n’abanyeshuri birimo amakayi, amakaramu, inkweto, imipira yo gukina muri basketball n’umupira w’amaguru.

Kubatabyibuka, igihugu cya Bosnie-Herzégovine, uyu mukinnyi avukamo, nacyo cyahuye nibibazo bijyanye nihohoterwa ry’abaturage bacyo igihe u Rwanda narwo rwahuraga n’itsemba batutsi. Icyo gihe muri l’ONU, hagati ya 1994 na 1996, u Rwanda rwafatanije nacyo kurwanya akarengane katurukaga mumikorere idahwitse ya l’ONU n’uruhare ibihugu bikomeye byari bifite mubyabaye mu Rwanda no muri Bosnie-Herzégovine.

Ikinyamakuru

Iyandikishe ujye ubasha kubona amakuru

Amakuru atandukanye

Inkuru ziheruka

Kwamamaza

RwandaPodium © All Rights Reserved. Powered by nozatech.com