Nurkić aremeza ubwe ko I Musanze yasuye ibigo bibiri byigamo abana barenga 1000. Kandi aranivugira ko yashoboye kubonana n’abana kandi bakaba baganiriye, akanabagira inama.
Uretse ibyo yahaye ayo mashuli ibikoresho bizifashishwa n’abanyeshuri birimo amakayi, amakaramu, inkweto, imipira yo gukina muri basketball n’umupira w’amaguru.
Kubatabyibuka, igihugu cya Bosnie-Herzégovine, uyu mukinnyi avukamo, nacyo cyahuye nibibazo bijyanye nihohoterwa ry’abaturage bacyo igihe u Rwanda narwo rwahuraga n’itsemba batutsi. Icyo gihe muri l’ONU, hagati ya 1994 na 1996, u Rwanda rwafatanije nacyo kurwanya akarengane katurukaga mumikorere idahwitse ya l’ONU n’uruhare ibihugu bikomeye byari bifite mubyabaye mu Rwanda no muri Bosnie-Herzégovine.
Iyandikishe ujye ubasha kubona amakuru
RwandaPodium © All Rights Reserved. Powered by nozatech.com